|
ICYO
KOMISIYO ARI CYO
Uko
komisiyo yagiyeho
Komisiyo
ishinzwe gutegura Itegeko Nshinga n'Ivugurura ry'Andi
mategeko yemejwe n'amasezerano y'amahoro ya Arusha,
ishyirwaho n'Itegeko no 23/99 ryo kuwa 24 Ukuboza 1999,
ryaje kuvugururwa n'Itegeko no 26/ 2000 ryo kuwa 3 Ugushyingo
2000.
Imiterere
ya Komisiyo
Ino
Komisiyo igizwe n'Abakomiseri 12 b'abanyarwanda batowe
kuwa 10 Nyakanga 2000 n'Inteko Ishinga Amategeko mu
bakandida 15. Nyuma yaho itegeko rishyiraho Komisiyo
rihinduriwe rikanuzuzwa n'Itegeko no 26/2000. Ryo kuwa
3 Ugushyingo 2000, imikorere ya Komisiyo buri munsi
yaje guhabwa ubushobozi bushingiye kuri biro. Bugizwe
na Perezida, Visi- Perezida, n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa.
Abagize
iyo biro batowe n'Inteko Ishinga Amategeko kuwa 23 Ugushyingo
2000. Itegeko riteganya ko Inama y'abagize Komisiyo
arirwo rwego rufata ibyemezo byo bikenewe kugira ngo
Komisiyo irangize inshingano zayo.
|