|
AMAKURU
MASHYA YA KOMISIYO
PEREZIDA
WA REPUBULIKA YASHIZE UMUKONO KU ITEGEKO
(Kuwa
4 Kamena 2003)
Ku
gicamunsi cyo ku italiki ya 4/06/2003, Perezida wa Repubulika
Nyakubahwa Paulo KAGAME yashyize umukono ku Itegeko
Nshinga rishya nyuma yaho Urukiko rw`Ikirenga rwemeje
ibyavuye mw`itora ry`Itegeko Nshinga.Muri uwo muhango
wabereye mu ngoro y`Inteko Ishinga Amategeko., Minisitiri
w`Ubutabera n`Imikoranire y`Inzego Bwana MUCYO Jean
de Dieu mu bubasha ahabwa n`Itegeko, yahaye Nyakubahwa
Perezida wa Repubulika Paulo KAGAME ikaramu n`igitabo
kinini Itegeko Nshinga ryanditswe mu ndimi eshatu(ikinyarwanda,igifaransa
n`icyongereza arizo zikoreshwa mu Rwanda).
Nyuma
yo kwibutsa amahame remezo Itegeko Nshinga rishya ashingiyeho,
akubiye mu ngingo ya 9 yaryo,Perezida wa Repubulika
yasabye buri munyarwanda kuzubahiriza ibikubiye muri
iryo Tegeko.Ati ni twe twaryihitiyemo kandi tukaba tuzi
akamaro kanini rizatugirira mu kubaka Igihugu cyacu
Yanasabye Abanyarwanda kuzitabira na none ibikorwa by`amatora
biteganijwe mu minsi iri imbere, akaba yarashoje ijambo
rye ashimira mu izina ry` Abanyarwanda inshuti z`igihugu
cyacu zateye inkunga ibikorwa by` amatora, ashimira
by` umwihariko Abanyarwanda b` ingeri zose batanze ibitekerezo
byabo, atibagiye komisiyo zombi iyateguye Itegeko Nshinga
igahuriza hamwe ibitekerezo by` Abanyarwanda b` ingeri
zose batanze, n` iyateguye amatora kandi ikayayobora
mu ituze no mu mucyo.
Uko
Itegeko Nshinga ryatowe mu ntara zose z'Igihugu
|
Intara/Umujyi/Diaspora
|
Umubare
wemeje YEGO
|
Umubare
wemeje OYA
|
| Gisenyi |
96%
|
97%
|
| Gikongoro |
96%
|
91%
|
| Ruhengeri |
95%
|
90%
|
| Byumba |
94%
|
91%
|
| Kibuye |
94%
|
91%
|
| Kigali-Ngali |
94%
|
91%
|
| Gitarama |
94%
|
87%
|
| Butare |
93%
|
89%
|
| Mutara |
93%
|
80%
|
| Kibungo |
92%
|
88%
|
| Kigali
y'Umujyi |
91%
|
81%
|
| Cyangugu |
83%
|
87%
|
| Diaspora |
98%
|
68%
|
|