AMAKURU MASHYA YA KOMISIYO

URUKIKO RW`IKIRENGA RWEMEJE ITEGEKO NSHINGA

(Kuwa 2 Kamena 2003)

Ishami ry`Urukiko rw`Inama ya Leta mu Rukiko rw`Ikirenga ryemeje Itegeko Nshinga ryatowe kuri 26/05/2003.

Ni mu rubanza rwaciwe kuwa 2/06/2003.Iyo nama ya Leta*Conseil d`Etat* imaze gusuzuma ibikubiye muri raporo yo kuwa 28/05/2003 n`inyandiko iyikosora yo kuwa 30/05/2003 ya Perezida wa Komisiyo y`Amatora yasanze ku Banyarwanda 3.472.200 bitabiriye itora, 3132.291 baremeje Itegeko Nshinga batora YEGO, naho 220.462 batararyemeje kuko batoye OYA.Impapuro z`itora zabaye impfabusa ni 119.447.umubare rero w`ijanisha ry`amajwi ry` abatoye YEGO ungana na 93,42%.Inama ya Leta ikaba yarasanze Itegeko Nshinga ryaratowe ku bwisanzure burunduye bw`amajwi bw`amajwi y`abatoye nk`uko biteganywa n`ingingo ya 17 y`Itegeko N0 10/2003 ryo kuwa 18/04/2003 rigenga itora ry`Itora ry`Itora ry`Itegeko Nshinga. Abacamanza basanze kandi nta bitarubahirijwe byagaragaye muri iryo tora ku buryo byatesha agaciro ibyarivuyemo.Urukiko rumaze gusuzuma ibiteganwa n`amategeko byose, rwatangaje burundu ko itora ryo kuwa 26/05/2003 ryemeje Itegeko Nshinga rya Repubulika y`u Rwanda ku bwisanzure burunduye bw`amajwi y`abatoye.Rukaba rwategetse ko Itegeko Nshinga rya Repubulika y` u Rwanda ryatowe ritangazwa mw`igazeti ya Leta ya Repubulika y`u Rwanda mu gihe rizaba rimaze gushyirwaho umukono na Perezida wa Repubulika.Izindi mpamvu abacamanza bashingiyeho ni Itegeko Shingiro nk` uko ryavuguruwe kugeza ubu cyane cyane cyane amasezerano y` Amahoro ya Arusha mu gice cyerekeranye n` igabana ry`ubutegetsi mu ngingo ya 27-d n` iza 24-c na 41 nk` uko zuzujwe n` ingingo ya 3 n` iya 5 zivugurura ryo kuwa 30/01/2003 ry` Itegeko Shingiro rya Repubulika y` u Rwanda.

Hari kandi n`Itegeko Nshinga ryo kuwa 10/06/1991 mu ngingo yaryo ya 89.Urukiko rwashingiye kandi ku ngingo ya 52 y` Itegeko Ngenga ryo kuwa 23/02/1963 rigenga itunganywa ry`Urukiko rw`Ikirenga nk` uko ryahinduwe kandi rikuzuzwa kugeza ubu cyane cyane n` Itegeko Ngenga N07/96 ryo kuwa 6/06/1996 rigenga imitunganyirize, imikorere n`ububasha bw`Urukiko rw`Ikirenga.Hari na none Itegeko N0 10/2003 ryo kuwa 18/04/2003 rigenga itora ry` Itegeko Nshinga, cyane cyane mu ngingo za 17, 23, 24, na 27.
Nkuko Itegeko Nshinga ribiteganya, rigomba gushyirwaho umukono na Perezida wa Repubulika mbere yo kuwa 19/07/2003.Ishyirwaho umukono na Perezida wa Repubulika ni ryo risoza inzibacyuho nkuko bigaragara mu ngingo 194.Icyo gihe hashyirwaho inzego nshya zigomba gusimbura izari ziriho zateganywaga n`Itegeko Shingiro.Ariko Perezida wa Repubulika asesa Inteko Ishinga Amategeko y`inzibacyuho hasigaye nibura ukwezi kumwe ngo amatora y` abagize umutwe w` Abadepite akorwe.

© CopyRight, CJCR, All rights reserved