|
AMAKURU
MASHYA YA KOMISIYO
URUKIKO
RW`IKIRENGA RWEMEJE ITEGEKO NSHINGA
(Kuwa
2 Kamena 2003)
Ishami
ry`Urukiko rw`Inama ya Leta mu Rukiko rw`Ikirenga ryemeje
Itegeko Nshinga ryatowe kuri 26/05/2003.
Ni
mu rubanza rwaciwe kuwa 2/06/2003.Iyo nama ya Leta*Conseil
d`Etat* imaze gusuzuma ibikubiye muri raporo yo kuwa
28/05/2003 n`inyandiko iyikosora yo kuwa 30/05/2003
ya Perezida wa Komisiyo y`Amatora yasanze ku Banyarwanda
3.472.200 bitabiriye itora, 3132.291 baremeje Itegeko
Nshinga batora YEGO, naho 220.462 batararyemeje kuko
batoye OYA.Impapuro z`itora zabaye impfabusa ni 119.447.umubare
rero w`ijanisha ry`amajwi ry` abatoye YEGO ungana na
93,42%.Inama ya Leta ikaba yarasanze Itegeko Nshinga
ryaratowe ku bwisanzure burunduye bw`amajwi bw`amajwi
y`abatoye nk`uko biteganywa n`ingingo ya 17 y`Itegeko
N0 10/2003 ryo kuwa 18/04/2003 rigenga itora ry`Itora
ry`Itora ry`Itegeko Nshinga. Abacamanza basanze kandi
nta bitarubahirijwe byagaragaye muri iryo tora ku buryo
byatesha agaciro ibyarivuyemo.Urukiko rumaze gusuzuma
ibiteganwa n`amategeko byose, rwatangaje burundu ko
itora ryo kuwa 26/05/2003 ryemeje Itegeko Nshinga rya
Repubulika y`u Rwanda ku bwisanzure burunduye bw`amajwi
y`abatoye.Rukaba rwategetse ko Itegeko Nshinga rya Repubulika
y` u Rwanda ryatowe ritangazwa mw`igazeti ya Leta ya
Repubulika y`u Rwanda mu gihe rizaba rimaze gushyirwaho
umukono na Perezida wa Repubulika.Izindi mpamvu abacamanza
bashingiyeho ni Itegeko Shingiro nk` uko ryavuguruwe
kugeza ubu cyane cyane cyane amasezerano y` Amahoro
ya Arusha mu gice cyerekeranye n` igabana ry`ubutegetsi
mu ngingo ya 27-d n` iza 24-c na 41 nk` uko zuzujwe
n` ingingo ya 3 n` iya 5 zivugurura ryo kuwa 30/01/2003
ry` Itegeko Shingiro rya Repubulika y` u Rwanda.
Hari
kandi n`Itegeko Nshinga ryo kuwa 10/06/1991 mu ngingo
yaryo ya 89.Urukiko rwashingiye kandi ku ngingo ya 52
y` Itegeko Ngenga ryo kuwa 23/02/1963 rigenga itunganywa
ry`Urukiko rw`Ikirenga nk` uko ryahinduwe kandi rikuzuzwa
kugeza ubu cyane cyane n` Itegeko Ngenga N07/96 ryo
kuwa 6/06/1996 rigenga imitunganyirize, imikorere n`ububasha
bw`Urukiko rw`Ikirenga.Hari na none Itegeko N0 10/2003
ryo kuwa 18/04/2003 rigenga itora ry` Itegeko Nshinga,
cyane cyane mu ngingo za 17, 23, 24, na 27.
Nkuko Itegeko Nshinga ribiteganya, rigomba gushyirwaho
umukono na Perezida wa Repubulika mbere yo kuwa 19/07/2003.Ishyirwaho
umukono na Perezida wa Repubulika ni ryo risoza inzibacyuho
nkuko bigaragara mu ngingo 194.Icyo gihe hashyirwaho
inzego nshya zigomba gusimbura izari ziriho zateganywaga
n`Itegeko Shingiro.Ariko Perezida wa Repubulika asesa
Inteko Ishinga Amategeko y`inzibacyuho hasigaye nibura
ukwezi kumwe ngo amatora y` abagize umutwe w` Abadepite
akorwe.
|