AMAKURU MASHYA YA KOMISIYO

KU CYUMWERU TARIKI YA 18 GICURASI 2003 ABAGIZE KOMISIYO BAKOZE IKIGANIRO(TOWN MEETING)
CYAHITIYE RIMWE KURI RADIO NA TELEVIZIYO Y'IGIHUGU.

(Kuwa 18 Gicurasi 2003)

 

Ku Cyumweru tariki ya 18 Gicurasi 2003 abagize Komisiyo bakoze ikiganiro (town meeting) cyahitiye rimwe kuri radio na televiziyo y'igihugu.

Icyo kiganiro cyamaze amasaha ane yose (10h00-14h00) cyari kigamije gusobanura ibikubiye mu mushinga w'Itegeko Nshinga, abanyarwanda bazahamagarirwa kuzemeza muri referendumu yo ku wa 26 Gicurasi 2003.

Usibye abagize Komisiyo, ikiganiro cyanitabiriwe n'intumwa y'Inteko Ishinga Amategeko, akaba ari na Visi Perezida wayo Bwana HIGIRO Prosper wasobanuye uburyo umushinga w'Itegeko Nshinga wanononsowe mu Nteko Ishinga Amategeko. Undi mushyitsi mukuru witabiriye icyo kiganiro ni Perezida wa Komisiyo y'igihugu y'Amatora Professeur KARANGWA Chrisologue wasobanuye ku buryo burambuye uko amatora ku Itegeko Nshinga azakorwa.

Abanyarwanda bahawe urubuga rwo kubaza ibyo badasobanukiwe bakoresheje cyane cyane imirongo ya telefoni zitishyurwa Komisiyo yari yateganije ibifashijwemo na RWANDATEL.

Mu ijambo ryo gusoza ikiganiro Perezida wa Komisiyo Bwana Tito RUTAREMARA yashimiye abitabiriye ikiganiro, ati nejejwe n'uko nibura abashoboye kubaza bahawe ibisubizo byabanyuze, arangiza ahamagarira abanyarwanda bose kuzatora Itegeko Nshigna rishya kuko rikubiyemo ibitekerezo n'ibyifuzo byabo bagaragaragarije Komisiyo mu gihe cy'imyaka ibiri yose, ubwo yabasanga iwabo ku mirenge, mu turere, mu tugari ndetse no mu mijyi

 

© CopyRight, CJCR, All rights reserved