AMAKURU MASHYA YA KOMISIYO

ABANYARWANDA BAFITIYE ICYIZERE ITEGEKO NSHINGA RISHYA.

(14 Ugushyingo 2002)

Ibyo byagaragaye ubwo abagize Komisiyo bamurikiraga abanyarwanda b'ingeri zitandukanye icyegeranyo cy'ibitekerezo batanze ku Itegeko Nshinga rizagenga imiyoborere y'u Rwanda nyuma y'inzibacyuho. Nk'uko babigaragaje ubwo bamurikiraga icyo cyegeranyo cy'ibitekerezo ku Itegeko Nshinga.

Bimwe mu bintu bishimiye ni uko byabaye ubwa mbere mu mateka y'u Rwanda abaturage bahabwa urubuga rwo kwishyiriraho Itegeko rikuru mu gihugu andi mategeko yose aba ashamikiyeho, kandi ibyo bakabikora mu bwisanzure busesuye. Na none abaturage bashimishijwe no kubona ibitekerezo ndetse n'ibyifuzo bagaragarije intumwa za Komisiyo byagaragaye muri icyo cyegeranyo cy'ibitekerezo ku Itegeko Nshinga bamurikiwe mu kwezi kwa cyenda 2002. Bimwe muri ibyo bitekerezo twavuga ni uko u Rwanda rwazagira ubutegetsi busaranganyijwe nyuma y'inzibacyuho kugira ngo amahoro n'umutekano ntibyongere guhungabana ngo bidindize inzira y'Ubumwe n'ubwiyunge abanyarwanda biyemeje kuyoboka.

Bitewe n'uburemere bw'Itegeko Nshinga mu buzima bw'igihugu, icyifuzo cy'uko Itegeko Nshinga ryahindurwa gusa n'abaturage muri Referendum cyarubahirijwe.

Na none, abanyarwanda bishimiye kubona mu Itegeko Nshinga rishya, amashyaka ya politiki yagenzurwa n'Itegeko ryayagenga, akagira umubare uciriritse, agakorera ku rwego rw'intara gusa kandi hakabaho n'Itegeko rigenga imyitwarire yayo ni iy'abanyapolitiki.

Ibyo bitekerezo byatewe n'impungenge abaturage bayafitiye zituruka ku myitwarire mibi yayaranze haba muri 1959, 1991 no muri 1994 aho amashyaka yaje kwitwaza iturufu ry'ubwoko mu mikorere yayo (Hutu-Power) maze ajya ku isonga mu guhamagarira abarwanashyaka bayo gutsemba abatutsi n'abandi bose batavuga rumwe nayo. Ku matora, bashimishijwe ni uko ari bo bazitorera ababayobora ku nzego nkuru z'igihugu. Icyifuzo cy'uko ubushyingiranwe bwakwemerwa yaba ari ubw'imbere y'ubutegetsi n'imbere y'idini, nacyo cyarubahirijwe. Ni no muri urwo rwego hanemejwe ko ubushyingiranwe n'umunyarwanda cyangwa umunyarwandakazi ku mu nyamahanga ahita abona ubwenegihugu nyarwanda usibye ko ni ubusabye akabwemererwa nawe ahita aba umunyarwanda cyangwa se umunyarwandakazi. Ikindi gitekerezo gishya kigaragara mu cyegeranyo cy'ibitekerezo byatanzwe ku Itegeko Nshinga ni uko igikorwa cyose kigamije amacakubiri mu banyarwanda cyafatwa nk'icyaha cy'ubugome cyahanwa n'Itegeko ryahoraho. Na none mu rwego rwo gushimangira ubumwe bw'abanyarwanda, ni uko mu nshingano z'umukuru w'igihugu harimo kugeza ku Banyarwanda bwifashe buri mwaka uko ubumwe bwabo bwifashe. Ibyo nabyo agashobora kubikora imbere y'Inteko Ishinga Amategeko. Nubwo rero "icyegeranyo cy'ibitekerezo byatanzwe ku Itegeko Nshinga cyabonetse, Itegeko Nshinga ryo ntiriraboneka.

Bimwe mu bikorwa by'ingenzi bisigaye , ni ukunoza imbanzirizamushinga y'Itegeko Nshinga ikazahita ijya muri Guverinoma maze ikazavayo yitwa "umushinga w'Itegeko Nshinga". Ibyo nibirangira abanyarwanda bujuje imyaka yo gutora bazahamagarirwa kwemeza uwo mushinga w'Itegeko Nshinga" muri referendum.

Ni dukomeze rero tugire uruhare mu gutegura Itegeko Nshinga.

 

© CopyRight, CJCR, All rights reserved