|
AMAKURU
MASHYA YA KOMISIYO
Imbanzirizamushinga
y'Itegeko Nshinga mu nama nyunguranabitekerezo
kuva kuwa 8 kugeza kuwa 10 Ugushyingo 2002.
Imwe
mu nkingi za demokarasi ni ubutegetsi bwubaha amategeko,
harimo n'itegeko risumba ayandi ari ryo tegeko nshinga.
Mu gushimangira iyo demokarasi, abaturagihugu bagomba
kugira uruhare mu gushyiraho amategeko, bakabazwa icyo
bayatekerezaho, bakayatora kuko baba basabwa kuyubahiriza.
Ubwo ni uburenganzira busesuye bw'umuturage. N'umunyarwanda
w'aya magingo arimo arabusatira, arakangurirwa kubuharanira,
abifashijwemo na Komisiyo Ishinzwe gutegura Itegeko
Nshinga n'ivugurura ry'andi mategeko. Mu nshingano iyi
Komisiyo yahawe, harimo gutegura no kwandika imbanzirizamushinga
y'itegeko nshinga rizagenga u Rwanda nyuma y'igihe cy'inzibacyuho.
Iyo mbanzirizamushinga yagezweho se ite ?
Nta
munyarwanda wahejwe mu gutegura iyo mbanzirizamushinga
y'itegeko nshinga kuva mu ntangiriro kugeza ubu. Komisiyo
ishinzwe gutegura Itegeko Nshinga n'ivugurura ry'andi
mategeko yahuye n'abanyarwanda b'ibyiciro binyuranye
ibahugura ku ngingo z'ingenzi ziba zikubiye mu itegeko
nshinga iryo ari ryo ryose. Ibyo byakozwe kuva muri
Nyakanga kugeza m'Ukuboza 2001.
Abanyarwanda
baboneyeho gusobanukirwa n'imiterere y'inzego z'ubutegetsi,
amoko yabwo, uburenganzira bw'ikiremwamuntu n'inshingano
z'umuturage, ibyakuruye itsembabwoko n'itsembatsemba,
Iki cyiciro cyabaye ingenzi kuko abanyarwanda
bagombaga kumva neza ingingo z'itegeko nshinga, bakazazitangaho
ibitekerezo bafite aho bahera. Komisiyo rero ntiyabatengushye
kuko yabasanze iwabo mu tugari, mu bigo bakoreramo cyangwa
babamo.
Ntibyateye
kabiri, Komisiyo yagiye kwakira ibitekerezo by'abanyarwanda
guhera muri Mutarama kugeza muri Kamena 2002. Yagarutse
mu banyarwanda aho bari bari hose barisanzura, basubiza
ibibazo, bashingiye ku ngingo bahuguweho, bahitamo ubutegetsi
bifuza babuha n'inshingano, bagena imikorere y'amashyaka,
bagaragaza ibyashimangira ubukungu, umuco nyarwanda,
uburenganzira bw'ikiremwamuntu n'ibyakumira amahano
nk'ayayogoje u Rwanda muri 1994. Muri iki cyiciro abanyarwanda
berekanye ko bashaka demokarasi isesuye. Babisubiriye
mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka ubwo Komisiyo yabamurikiraga
icyegeranyo cy'ibitekerezo batanze ku Itegeko Nshinga,
barushaho guhamya amahame aranga igihugu kigendera ku
mategeko.
Nta
handi rero hari guturuka imbanzirizamushinga y'Itegeko
nshinga uretse muri ibyo bitekerezo by'abanyarwanda
ubwabo. Komisiyo ishinzwe gutegura Itegeko Nshinga n'ivugurura
ry'andi mategeko igizwe n'abahanga bo mu ngeri z'ubumenyi
zinyuranye yasesenguye ibyo bitekerezo, ibyandika mu
buryo bwa gihanga, ivangura neza ingingo ku yindi none
imbanzirizamushinga y'itegeko risumba ayandi yabonetse.
Ariko se ibyo birahagije ?
Intambwe
igezweho mu gutegura Itegeko Nshinga irashimishije ariko
imbanzirizamushinga ikeneye kongera kubonezwa hifashishijwe
ibitekerezo by'inzobere. Ni muri urwo rwego Komisiyo
ishinzwe gutegura Itegeko Nshinga n'ivugurura ry'andi
mategeko yatumiye abantu barenga 600 mu nama nyunguranabitekerezo
ku mbanzirizamushinga y'Itegeko Nshinga kuva tariki
ya 08 kugeza ku ya 10 Ugushyingo 2002 mu ngoro y'Inteko
Ishinga Amategeko. Muri abo bantu harimo abayobozi b'inzego
z'ibanze n'inkuru z'igihugu, abahagarariye amashyirahamwe,
inzego z'abari n'abategarugori impuguke zo mu mashuri
makuru n'abanyarwanda baba hanze y'igihugu. Akamaro
k'iyo nama ni ukunononsora iriya mbanzirizamushinga
mu ngingo zayo hashingiwe ku bitekerezo n'ibyifuzo byatanzwe
n'abanyarwanda bose. Muri iyo nama abakomiseri bazageza
ku bayirimo ingingo zo mu mbanzirizamushinga, babonereho
umwanya wo kuzigorora, kuzijora no kuzuzuza. Intumwa
zo muri iyi nama zihagarariye ibyiciro byose by'abanyarwanda
ku buryo muri rusange imyanzuro y'iyo nama izaba ishingiye
ku bitekerezo byabo.
Nyuma
y'iyi nama yo ku wa 8-10/11/2002, Komisiyo ishinzwe
gutegura itegeko nshinga n'ivugurura ry'andi mategeko
igomba gusuzuma ibizaba byumvikanyweho, ibigororwa bigororwe,
ibyemejwe bihame uko biri, maze handikwe umushinga w'Itegeko
Nshinga uzoherezwa muri Guverinoma no mu Nteko ishinga
amategeko kugira ngo wemezwe burundu. Umushinga wemejwe
w'Itegeko Nshinga uzasobanurirwa abaturage, bawemeze
burundu mu itora. Ubwo Itegeko Nshinga rizaba ribonetse,
inzibacyuho ibe irasojwe.
Muri
rusange, iyi nama nyunguranabitekerezo ni intambwe ikomeye
mu gushimangira uruhare rw'abaturage mu gutegura, gushyiraho
no kubahiriza Itegeko nshinga. Komisiyo ishinzwe gutegura
Itegeko Nshinga n'ivugurura ry'andi mategeko ikomeje
kubakangurira guhamya ubushobozi bwanyu muri iyi ntera
ya demokarasi u Rwanda rugezeho. Ubushake n'ubushobozi
bwanyu niyo nkingi yo kwiyubakira u Rwanda rugendera
ku mategeko.
Komisiyo ishinzwe gutegura Itegeko Nshinga
n'ivugurura ry'andi mategeko
Ishami ry'Itumanaho n'Itangazamakuru
|