|
AMAKURU
MASHYA YA KOMISIYO
Komisiyo
yahawe inkunga ya telefoni zitishyurwa na MTN Rwandacell
zo kwakira ibitekerezo ku Itegeko Nshinga .
(7
Kanama 2002)

Perezida
wa Komisiyo Dr Tito RUTAREMARA ahabwa amasezerano y'ubufatanye
n'umuyobozi w'ubucuruzi wa MTN RWANDACELL Bwana Emmanuel
HATEGEKA.
Amasezerano
y'ubufatanye hagati ya Komisiyo na MTN Rwandacell yashizweho
umukono na Perezida wa komisiyo Dr Tito RUTAREMARA n'umuyobozi
ushinzwe ubucuruzi muri MTN Rwandacell Bwana Emmanuel
HATEGEKA .
Ayo masezerano agizwe na telefoni eshanu zigendanwa(mobile
phone) zifite nomero 08304995, 08304996, 08304997, na
08304997, 08304998 na 08304999 .
Bitewe n'uko izo nomero zigizwe n'imibare myinshi, MTN
Rwandacell yahisemo kuzihinira mu mibare mike ishobora
gufatika k'uburyo bworoshye .
Iyo mibare ni :
Iyo
miyoboro ikazafasha komisiyo kwakira ibitekerezo by'abanyarwanda
ku Itegeko Nshinga, banashobore gusobanuza ku bindi
byose bijyanye na gahunda yo gutegura Itegeko Nshinga
.Na none izo telefoni zizafasha mw'itumanaho ry'abagize
komisiyo n'abakozi bayo aho baba bari mu kazi kabo .Ayo
masezer ano akaba azamara igihe cy'umwaka umwe .

Perezida
wa Komisiyo Dr Tito RUTAREMARA abwira abanyamakuru ba
TVR
ibikubiye mu masezerano y'ubufatanye hagati ya Komisiyo
na MTN RWANDACELL
Icyitonderwa : Izo telefoni zihamagarwa hakoreshejwe
izindi telefoni zigendanwa za MTN Rwandacell gusa kandi
ntibisaba kuba muri telefoni igendanwa harimo amafaranga
.Ni mutanga ibitekerezo ku Itegeko Nshinga muzaba mutanze
umusanzu wo kubaka u Rwanda .
|