AMAKURU MASHYA YA KOMISIYO

Komisiyo ya giranye ikiganiro mpaka n'imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda ariyo:
FPR-Inkotanyi, MDR, PSD, PL, PDC, PDI, UDPR, PSR
.

(Kuwa 14 Mata 2002)

Hari ku cyumweru ubwo tariki ya 14/4/2002 muri Hoteli Novotel Umubano ubwo intumwa za Komisiyo ziyobowe na Perezida wayo Tito RUTAREMARA zagiranye ikiganiro-mpaka n'imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda ariyo FPR-Inkotanyi, MDR, PSD, PL, PDC, PDI, UDPR na PSR.

Icyo kiganiro cyari kigamije kugaragaza uruhare rw'amashyaka ya politiki mu itegurwa ry'Itegeko Nshinga rishya.
Atangiza icyo kiganiro cyahitiye rimwe kuri Radiyo na Televiziyo by'igihugu, Bwana Tito RUTAREMARA yibukije ko igitekerezo cy'icyo kiganiro cyavuye mu nama yahuje Biro ya Komisiyo n'abanyamashyaka cyabereye muri Telecom House ku wa 15/2/2002. Icyo gihe Perezida wa Komisiyo yabagaragarije ibitekerezo bigenda bigaragazwa n'abaturage, aho bavuga ko badashaka amashyaka bitewe n'uruhare yagize mu bwicanyi bwagiye buba mu Rwanda, aboneraho kubehsyuza ibigenda bivugwa na bamwe mu bayobozi b'amashyaka ya politiki ko Komisiyo yaba itangaza ibitekerezo byayo aho kuvuga iby'abaturage. Icyo gihe rero, Bwana Tito RUTAREMARA yabibukije ko ahenshi Komisiyo isobanurira abaturage ko amashyaka ari ngombwa mu gihe tugezemo, ko ahubwo ikibazo ari abanyamashyaka bakunze kuyakoresha ku nyungu zabo aho guhera ku z'abaturage, ati hari n'abanyamashyaka bagenda babeshyera Komisiyo muri za Ambassades ziri mu Rwanda. Kimwe rero mu bintu by'ingenzi ikiganiro cyo kuri uwo munsi cyari kigamije ni uguhumuriza abaturage ku mpungenge bafitiye amashyaka ya politiki zishingiye ku bwicanyi bwayaranze mu myaka ishize. Bwana Tito RUTAREMARA yavuze ko ubundi demokarasi igendana n'impaka n`ibitekerezo byinshi, ati amashyaka ariho ubu nta nicyo anegwa usibye ko mu baturage hari bamwe bifuza ko yakorera ku rwego rw'igihugu gusa nk'uko biriho ubu, abandi bakifuza ko yakorera mu bwisanzure hose.

Abanyamashyaka bashimiye abanyarwanda bose muri rusange bagaragarije Komisiyo impungenge zabo, Komisiyo nayo ishimirwa by'umwihariko kubona itarihereranye izo mpungenge.

Muri icyo kiganiro abahagarariye imitwe ya politiki yemewe mu gihugu bemeranyije ko impungenge z'amashyaka ya politiki zishingiye ahanini ku macakubiri yaranze amashyaka kuri ya Repubulika yambere n'iya kabiri ubwo iturufu y'ubwoko n'irondakarere ryakoreshejwe n'amashyaka nka PERMEHUTU, MRND na CDR, bati imitwe ya politiki ihuriye muri guverinoma y'ubumwe bw'abanyarwanda ntizigera yemera na gato ko amakosa nk'ayo yongera gukorwa mu gihugu. Banagaragaje ko mu nama y`ihuriro ry'amashyaka ya politiki yabereye ku Gisenyi umwaka ushize hemejwe ko hazashyirwaho amategeko agenga imikorere y'amashyaka n'ibigomba kuranga uwakwifuza kuba umunyapolitiki. Abanyamashyaka basabye abaturage kuba maso bakareba icyo azabamarira.

Mu rubuga rw'ibibazo n'ibitekerezo by`abari bitabiriye icyo kiganiro n`abahamagaraga bakoresheje za telefoni, hifujwe ko amategeko agenga imikorere y'amashyaka n'itegeko rirebana n'ivangura iryari ryo ryose, ry`aba iry`akarere cyangwa iry`amoko yazajyaho vuba imbere y'uko amashyaka ahabwa uburenganzira bwo kongera gukora ku mugaragaro.

Hari n'abagaragaje ko amashyaka ubwayo atari mabi ko ahubwo abayakoresha akenshi usanga ari bo babi, bati "urugero ni uko iyo usomye amahame yayo usanga yanditswe neza".

Mu ijambo ryo gusoza icyo kiganiro, Perezida wa Komisiyo Tito RUTAREMARA yashimiye abacyitabiriye bose n'abashoboye gutanga umusanzu w'ibitekerezo arangiza yizeza abanyarwanda muri rusange n'abanyamashyaka by'umwihariko ko Komisiyo izongera kubitabaza mu gihe cyose hazongera kuboneka izindi mpungenge.

 
© CopyRight, CJCR, All rights reserved