AMAKURU MASHYA YA KOMISIYO

Komisiyo yatangiye kwakira ibitekerezo ku Itegeko Nshinga.

(Kuwa 15 Mutarama 2002)

Nyuma yaho Komisiyo irangije igikorwa cyo gusobanurira ingeri zitandukanye z'abanyarwanda icyo Itegeko Nshinga ari icyo n'ibice by'ingenzi birigize, aho hari mu mpera z'umwaka ushize w'i 2001, abagize Komisiyo uko ari 12 batangiye kwakira ibitekerezo by'abanyarwanda bose byazifashishwa mu gutegura imbanzirizamushinga y'Itegeko Nshinga rizagenga imiyoborere y'u Rwanda nyuma y'inzibacyuho.

Gahunda yo kwakira ibitekerezo ku Itegeko Nshinga yatangijwe kumugaragaro na Perezida wa Komisiyo mu nama nyunguranabitekerezo yahuje abagize Komisiyo n'abayobozi b'uturere n'imijyi yose yo mu gihugu, inama yabereye i Murambi mu ntara ya Gitarama ku itariki ya 11/2/2002.

Mu ijambo rye Perezida wa Komisiyo Honorable Tito RUTAREMARA Yibukije ko muri iki cyiciro gishya cyo kwakira ibitekerezo by'abaturage ku Itegeko Nshinga, Komisiyo igomba kuzagera aho abaturage bose batuye n'aho bakorera kugira ngo buri wese ashobore gutanga ibitekerezo bye ku ngingo z'Itegeko Nshinga bityo agire uruhare mu kwigenera uko yifuza ubuyobozi bw'u Rwanda n'iterambere ryarwo.

Honorable Tito RUTAREMARA yakomeje avuga ko kubanyarwanda baba mu mahanga Komisiyo izakoresha itumanaho rigezweho kugira ngo hubahirizwe uburenganzira bwabo bwo kugira uruhare ku buzima bw'igihugu, banuzuza inshingano zabo nk'abanyarwanda. Muri iyo nama, hashimangiwe ko ibitekerezo bya buri munyarwanda ari ingenzi kugira ngo Itegeko Nshinga rizabe "icyita rusange cy'abanyarwanda",

ABATURAGE BAKOMEJE GUTANGA IBITEKEREZO KU ITEGEKO NSHINGA

Hashize amezi arenze abiri, Komisiyo itangiye kwakira ibitekerezo by'abanyarwanda b'amatsinda yose ku Itegeko Nshinga ririmo gutegurwa. Ikigaragara ni uko abaturage bakomeje kwitabira iyo gahunda ku buryo bushimishije. Komisiyo ikaba yarihaye igihe cy'amezi atandatu yakira ibitekerezo n'ibyifuzo by'abaturage ku miterere y'Itegeko Nshinga rizagenga imiyoborere y'u Rwanda nyuma y'inzibacyuho.

UBURYO BUKORESHWA MU KWAKIRA IBITEKEREZO KU ITEGEKO NSHINGA (METHODOLOGIE DE CONSULTATION POPULAIRE).

Mu rwego rwo korohereza abanyarwanda bose gutanga ibitekerezo ku Itegeko Nshinga, Komisiyo yateguye gahunda yayo ku buryo bukurikira:

I. Intera yo kwakira ibitekerezo ku Itegeko Nshinga igamije :
      - Gushimangira ibisobanuro abaturage bafite ku bitekerezo by'ingenzi ku Itegeko Nshinga;
      - Gusembura impaka zigamije kugaragaza ibitekerezo byubaka i Gihugu byakwitabwaho mu
         Itegeko Nshinga;
      - Kwakira ibitekerezo by'abaturage no kubategurira gukomeza kubishimangira
        bakazakomeza kubishyikiriza Komisiyo kugeza muri Kamena 2002.

II. UBURYO RUSANGE BUKORESHWA.

Kwakira ibitekerezo mu rwego rw'Igihugu;

Intumwa za Komisiyo zungurana ibitekerezo na :

- Za Minisiteri
- Ibigo byigenga
- Za Kaminuza (Universités)
- Imiryango iteganmiye kuri Leta
- Abategarugori
- Ba nyamucye
- Urubyiruko
- Abihaye imana (abanyamadini)
- Amashyirahamwe
- Abarimu
- Abanyeshuri b'amashuri makuru (secondaires)
- Abakozi bo mu Karere
- Abacamanza
- Abamugaye
- Abashinzwe umutekano
- Abanyabukorikori
- Abadandaza n'abacuruzi
- Abavuzi ba gihanga
- Abasheshe akanguhe
- N'indi miryango cyangwa amashyirahamwe abyifuza.

Kwakira ibitekerezo mu rwego rw'Intara, uturere n'umujyi wa Kigali, imirenge n'utugari

Ibyiciro byavuzwe haruguru byitabwaho no mu rwego rw'Uturere, imirenge n'utugali.

Mu rwego rw'Intara

Ibiganiro - mpaka byo kwakira ibitekerezo bikora hifashishijwe ibibazo bikomatanyijwe biba byateguwe na Komisiyo

Hashingiwe ku bisobanuro bikubiye mu gatabo kiswe: Ibitekerezo by'ingenzi ku "Itegeko Nshinga" ibiganiro-mpaka bikorwa hifashishwa n'inararibonye ku ngingo runaka irebana n'Itegeko Nshinga, abaturage bagaragaje ko ikeneye impaka zirambuye.

Ibyiciro by'abantu benshi bari hamwe nk'abanyamashuri, abasirikari, abapolisi, abagororwa, amashyirahamwe n'abandi bahabwa inyandiko y'ibibazo bikomatanyije, n'ibitabo by'ibisobanuro bagahabwa igihe cyo kubisubiza hanyuma bikazashyikirizwa Komisiyo.

Abanyarwanda baba hanze y'i Gihugu, Komisiyo izaboherereza ibibazo binyujijwe kuri za adresse zizwi na internet basubize banyuze muri izo nzira cyangwa izindi zishoboka

- Uburyo bubonetse, Komisiyo irateganya kuzohereza intumwa zayo kuganira nabo.
- Mu karere, abaturage bose bahabwa urubuga rwo gutanga ibitekerezo mu rwego rw'imirenge
  n'utugari
- Ubuyobozi bumenyesha kare abaturage aho ibiganiro - mpaka bizabera n'igihe bizatangira
  kugira ngo bazagire igihe gihagije cyo gutanga mu bwisanzure ibitekerezo byabo ku Itegeko
  Nshinga.

III. IBIGANIRO NYIRIZINA

Intumwa za Komisiyo zibanza gutanga ibisobanuro bikenewe ku buryo icyo gikorwa kizagenda, hanyuma bakakira ibitekerezo ari nako babyandika.

Impaka ku ngingo iyi n'iyi zisozwa ari uko :
      - Igitekerezo gitanzwe cyemewe na bose
      - Iyo impaka zidakemutse, hakorwa amatora noneho icyo benshi batoye kikemerwa.
      - Ibitekerezo bitanzwe n'umuntu ku giti cye, cyangwa abantu bacye byandikwa ukwabyo
        bikazagibwaho impaka mu nyuma.

© CopyRight, CJCR, All rights reserved